in

FERWAFA irateganya gukoresha ingengo y’imari ya miliyari 15,2 Frw mu 2025

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryateganyije ingengo y’imari ingana na miliyari 15,2 Frw mu mwaka wa 2025, aho miliyari 7,96 Frw zizakoreshwa mu bikorwa bijyanye n’amarushanwa no guteza imbere umupira w’amaguru, hakaba miliyari 2,53 Frw zizakoreshwa mu bikorwa bya FERWAFA harimo no guhemba abakozi, mu gihe andi miliyari 4,79 Frw azajya mu bikorwa birimo kubaka ibibuga bine ndetse no gushinga radiyo na televiziyo by’iri shyirahamwe.

Muri miliyari 4,98 Frw agenewe amarushanwa n’iterambere rya ruhago, harimo inkunga izajya ku makipe y’Igihugu azitabira imikino ya CECAFA, amajonjora yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027, n’icy’Isi cya 2026. Ibi bikaba ari intambwe ikomeye mu iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, cyane ko bizafasha amakipe y’Igihugu mu myiteguro y’amarushanwa akomeye.

Nkuko Igihe kibitangaza kivuga ko  Tariki ya 1 Gashyantare 2025, FERWAFA yatumiye abanyamuryango bayo mu nama y’Inteko Rusange Idasanzwe, aho bizaganirwaho gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2025 ndetse no kwemeza ingengo y’imari y’uyu mwaka.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Byari ibirori biryoheye ijisho: Sam Karenzi yafunguye ku mugaragaro radio ye nshya – AMAFOTO