Inkuru rusange
Dore umuhanzikazi wirukanywe mu gitaramo shishi itabona kubera kugaragaza amabere

Minisitiri w’Umuco muri Israel yategetse ko umuririmbyi Hanna Goor yirukanwa mu gitaramo aryozwa ko yagiye imbere y’abafana yambaye mu buryo bugaragaza amabere kandi bihabanye n’umuco.
Hanna Goor yamamaye cyane muri Israel ubwo yahatanaga mu kiganiro mpamo cyerekana ubuzima bw’abarushanwa kuri Televiziyo [A Star Is Born]. Yari umuhanzi w’imena mu bari batumiwe mu iserukiramuco ry’umuziki Celebrate August festival riherutse kubera muri Ashdod mu majyepfo ya Tel Aviv.
Uyu mukobwa yatunguye ubuyobozi ubwo yageraga ku rubyiniro yambaye agashati gato nabwo atafunze ibipesu ku buryo amabere yagaragaraga kandi bihabanye n’amahame agenga abahanzi bitabira ibitaramo biba byatewe inkunga na leta.
Daily Mail itangaza ko Hanna Goor yaririmbye indirimbo eshatu abateguye igitaramo bahise bamutegeka kuva ku rubyiniro akabanza akambara akikwiza undi arabyanga kugeza ubwo Minisitiri w’Umuco yategetse ko bamwirukana mu gitaramo ntakomeze kuririmba.
Minisiteri imaze kwirukana uyu muhanzi mu gitaramo, yasohoye itangazo rivuga ko ‘nta muhanzi wemerewe kwitabira igitaramo cyateguwe cyangwa cyatewe inkunga na leta wemerewe kwambara mu buryo bw’ubushotoranyi.
Iri tangazo riragira riti “Iserukiramuco ryitabiriwe n’abantu benshi kandi riterwa inkunga y’amafaranga ava mu baturage. Imiririmbire ya Goor ntabwo yubashye abafana […] byabaye ngombwa ko avanwa ku rubyiniro atarangije kuririmba.â€
Minisiteri yasabye abategura ibitaramo bafatanyamo na leta ko bakwiye gushyiraho amategeko yanditse abahanzi bazajya bagenderaho mu kwirinda kubangamira umuco n’ubuzima bw’igihugu.
Muri Israel leta yaciye abahanzi baririmba bambaye utwenda duto mu gihe mu Bufaransa badashaka kubona inkumi n’abagore bajya ku mazi bambaye burkini [umwenda wo ku mazi wambarwa n’ababa bifuza kwikwiza].

Yabwiye The New York Times ko atumva impamvu umuhanzi ategekwa imyenda agomba kwamba mu gihe asanga ari uburenganzira busesuye guhitamo ibyo ajyana ku rubyiniro.
Ati “Ni kuwa gatanu ku gicamunsi. Ibintu byose birashyushye, izuba ryacanye, harashyushye, natekerezaga ko ntacyo byari kuba bitwaye ku rubyiniro. Ni iby’agaciro kanini kuri njyewe kuririmba nambaye uko mbishaka.â€


-
Hanze20 hours ago
Rihanna yagaragaye mu mwambaro ukojeje isoni arimo kwishimira irahira rya Perezida Joe Biden
-
Ubuzima23 hours ago
Dore impinduka zaba ku mubiri wawe uramutse uriye umuneke ukarenzaho ikirahuri kimwe cy’amazi mu gitondo.
-
Imyidagaduro12 hours ago
Impamvu Mwiseneza Josiane adakora ubukwe yamenyekanye
-
Imyidagaduro20 hours ago
Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga yagiriye inama abakobwa bakunda abasore bameze nka The Ben nyamara bo batameze nka Pamella
-
Imyidagaduro17 hours ago
Dore ubutumwa wa munyamakuru wa RBA wiciwe ubukwe ku munota wa nyuma yagenewe n’abafana be
-
imikino18 hours ago
Sadate yakijweho umuriro asabwa gutanga kimwe cya kabiri cy’amafaranga yemereye abakinnyi b’Amavubi
-
Inkuru rusange10 hours ago
Mama wa Christopher yitabye Imana
-
inyigisho12 hours ago
Ukuyemo amafaranga, reba ibindi bintu abakobwa babanza kureba ku basore mbere yo kubemerera urukundo.