in

Cristiano Ronaldo yatangaje ibyo azahita ajya gukora nasezera gukina ruhago

Rutahizamu w’Umunya-Portugal, Cristiano Ronaldo, w’imyaka 39, yatangaje ko nyuma yo guhagarika gukina umupira w’amaguru, azitabira ibikorwa bitandukanye n’uyu mukino. Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru cyo mu gihugu cye, NOW, yavuze ko nta gahunda afite yo kuba umutoza cyangwa gukora indi mirimo ifitanye isano n’umupira w’amaguru.

 

Cristiano Ronaldo yagaragaje ko yishimiye ubuzima abayemo muri Arabie Saoudite aho akinira Al Nassr, ndetse ashobora kuzasoreza umwuga we w’umupira w’amaguru muri iyi kipe. Yagize ati: “Sinzi niba nzahagarika gukina mu myaka ibiri cyangwa itatu, ariko birashoboka cyane ko nasoreza gukina hano muri Al Nassr. Ndishimye kandi nifuza gukomeza gukinira muri Arabie Saoudite.”

 

Mu myaka irenga 20 amaze mu mupira w’amaguru, Ronaldo yanyuze mu makipe akomeye nka Sporting CP, Manchester United, Real Madrid, Juventus, ndetse na Al Nassr. Yegukanye ibihembo bikomeye birimo Ballon d’Or eshanu na FIFA Best Player Award inshuro ebyiri. Umupira w’amaguru kandi wamufashije gushora imari mu bikorwa bitandukanye birimo gukora imibavu, imyambaro, amahoteli, restaurants, ndetse no gukodesha indege zihariye.

 

Uyu mukinnyi w’icyamamare yemeje ko yifuza gukomeza gukora ibikorwa bitandukanye bitari umupira w’amaguru, aho atangaza ko atigeze atekereza kuba umutoza mu gihe azaba ahagaritse gukina.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mu minsi 6 amaze afunguye YouTube Channel, Cristiano Ronaldo amaze gukurikirwa n’ibinyacumi by’amamiriyoni y’abantu

“Cyangwa ni ugufatanya n’abandi kwiba APR FC” Taifa Bruno usanzwe ari umukunzi wa APR FC, yiniguye avuga ubujura buri gukorerwa muri iyi kipe ndetse avuga n’ababyihishe inyuma barimo abanyamakuru bakoranye