in

Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira yasabye abafana kwima amatwi ababaca intege ndetse anabizeza ko Azamu FC bazayisezerera

Mu gihe umukino wo kwishyura w’ijonjora rya mbere rya CAF Champions League uri bugufi, APR FC iritegura urugamba rukomeye rwo gusezerera Azam FC, nyuma yo gutsindwa umukino ubanza 1-0. Uyu mukino utegerejwe ku wa Gatandatu tariki ya 24 Kanama 2024 kuri Stade Amahoro, uzaba ari urubuga rw’ikirenga ku makipe yombi.

 

Chairman wa APR FC, Col Richard Karasira, nyuma y’imyitozo yabereye kuri Stade Amahoro, aganira n’ingazamaku yagaragaje icyizere gifitwe n’ikipe ya APR FC ndetse n’abafana bayo. Yagize ati: “Icyizere cya mbere ni uko turi iwacu. Hari byinshi abantu bagiye barwana na byo mbere y’umukino mwarabyumvise byagiye bitwara umwanya abantu ariko ubu turi imbere y’abafana bacu kuri stade yacu, n’abakinnyi bacu nta kindi kibari mu mutwe uretse gutsinda Azam.”

 

Mu gihe APR FC ifite inshingano yo gutsinda Azam FC ku kinyuranyo cy’ibitego bibiri kugira ngo ibashe kugera mu cyiciro gikurikiyeho, umwuka ni mwiza mu ikipe y’Ingabo z’Igihugu. Abakinnyi bari gukora ibishoboka byose kugira ngo batazatsindirwa imbere y’abafana babo.

Col Richard Karasira yongeyeho ko icyizere gihari gikomoka ku kuba bari gukinira mu rugo imbere y’abafana babo, ari nayo mpamvu asaba abakunzi ba APR FC kuza ku bwinshi kuri stade, bakareka abo babashuka ngo bareke gushyigikira ikipe yabo. ati “Nta kindi tubasaba uretse kwirinda abantu babaca intege, nibabaca intege murayisigira nde se? Ntibacike intege gushyigikira ikipe yabo, nta kindi ni ukuza gushyigikira ikipe yabo, ni cyo tubasaba,”.

 

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Rayon Sports WFC yongeye gutsindwa undi mukino yikurikiranya bituma isoza imikono ya CECAFA yo gushaka itike ya CAF Women Champions League nta mukino n’umwe itsinze

KNC yaje aje! Gasogi United yasoje umunsi wa kabiri wa shampiyona iyoboye urutonde