in

Byiringiro Lague yambitse impeta umukunzi we bitegura kurushinga (AMAFOTO)

Ku wa Kabiri tariki ya 28 Nzeri 2021, ni bwo Byiringiro Lague abicishije ku mbuga nkoranyambaga yambitse impeta Uwase Kelia nk’ikimenyetso, ahita asaba umukunzi we Uwase Kelia ko yazamubera umugore w’isezerano w’ubuzima bwe bwose.

Ibi bibaye, nyuma y’uko uyu rutahizamu yanamaze gufata irembo iwabo wa Uwase.Byagiye binavugwa ko yanamaze kumutera inda nk’uko yabigaragaje mu kimenyetso yakoze ubwo mbere y’isozwa rya shampiyona yatsindaga igitego Rutsiro FC mu mukino wabereye kuri Stade ya Huye, agahita ashyira umupira imbere mu mwenda yari yambaye nk’ikimenyetso kigaragaza ko umukunzi we amutwitiye imfura.

Amakuru avuga ko ubukwe bw’aba bombi buri mu mezi abiri ari imbere, mu gihe kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Nzeri 2021 ari bwo bazasezerana mu Murenge.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Madederi wo muri Papa Sava yarongowe (Amafoto)

Umunyamakuru Sam Karenzi mwakunze arigendeye.