in

Byari amarira n’agahinda mu muhango wo gusezera Ines / Umugabo we yatanze ubuhamya bukomeye (AMAFOTO)

Kuri iki cyumweru nibwo mu Murenge wa Runda muri Gihara , habereye umuhango wo gusezera  bwanyuma kuri  Mumararungu Ines witabye Imana kuwa 4 tariki 16 Gashyantare 2023 azize uburwayi .

Ni umuhango waranzwe n’ubuhamya bukomeye bwa Ines waranzwe n’urukundo no kwita kubo akunda igihe yari akiriho , akaba umunyakuri n’umunyamurava mu byo yakoraga byose ,akamenya kwita cyane kubo mu muryango we. .

Kimwe mu byo umugabo we yashimangiye ni uko Ines wari umufasha we yaranzwe n’ukuri kuva igihe bamenyaniye kugeza ubwo atabarutse ,ngo kuko n’igihe umugabo we (Patrick) yamubazaga ikintu , Ines akumva cyamugora kugisubiza kandi akaba adashaka kumubeshya yamusabaga ko bareka kukivugaho kuko adashaka kumubeshya kandi adashaka no kukimubwiraho.

Mumararungu Ines yari umukirisitu mu itorero rya ADPR ya Runda , yavutse ku itariki 12 Mutarama 1996 , yatabarutse ku itariki 16 Gashyantare 2023 , Atabarutse asize umugabo , icyakora nta mwana bari bakagira.

 

Byari amarira n'agahinda mu muhango wo gusezera kuri Ines
Byari amarira n’agahinda mu muhango wo gusezera kuri Ines

Patrick wari umugabo wa Ines yavuze ko umufasha we yari umunyakuri kandi akarangwa n'urukundo
Patrick wari umugabo wa Ines yavuze ko umufasha we yari umunyakuri kandi akarangwa n’urukundo

SOURCE:ZABURI NSHYA

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Nbbbb
Nbbbb
1 year ago

Umugabo we yitwa Emmanuel Christian ntabwo yitwa Patrick.

Tour du Rwanda 2023: Ethan Vernon yongeye kwereka abandi ubworo bw’ipine

BIRATANGAJE : Umukecuru yashyinguwe mu buryo budasanzwe (AMAFOTO)