in

Bugesera: Abana babiri babanyeshuri baburiwe irengero bakomeje gutera urujijo ababyeyi babo

Abana babiri b’abakobwa bigaga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Ntarama mu Karere ka Bugesera bamaze iminsi irenga ine baburiwe irengero ubwo bari bagiye ku ishuri.

Aba bana baburiwe irengero harimo uwigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye ufite imyaka 14 n’ufite imyaka 16 wiga mu mwaka wa gatatu.

Bose bigaga ku kigo kimwe cya GS Ntarama giherereye mu Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera, bivugwa ko ngo bagiye mu gihe cy’amasaha y’akaruhuko ariko ntibagaruke mu ishuri.

Umuyobozi Mukuru wa GS Ntarama, Kayijamahe Evariste, yabwiye IGIHE arinacyo dukesha iyi nkuru ko aba bana bakimara kubura bagerageje kubashakisha ariko birangira batababonye bituma bitabaza ubuyobozi bw’urwego rw’ubugenzacyaha mu Murenge wa Ntarama.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha mu Rwanda, Dr Murangira B. Thierry, yemereye ko ikirego cyakiriwe kandi bakiri gushakisha aho aba bana baherereye.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Nyuma yo kwanga gukina CHAN, Marocco yategetswe ikintu gikomeye n’ubuyobozi bw’igihugu

Amategeko 11 agenga abantu basengera mu idini rya Satan akomeje gutangaza abatari bake