in

Bruce Melodie yabaye umuhanzi wa mbere mu Rwanda wayobotse urubuga rushya rwa ‘Threads’ ruri guhangana na Twitter

Nyuma y’isaha imwe gusa Bruce Melodie atangaje ko yamaze kuyoboka uru rubuga, amaze gukurikiranwa n’abarenga 1000.

Ni urubuga rwatangijwe n’Ikigo cy’ikoranabuhanga Meta kiyoborwa na Mark Zuckerberg, ari nacyo gifite imbuga nkoranyambaga nka Facebook na Instagram.

Zuckerberg yatangaje ko abarenga Miliyoni 10 bamaze kwiyandikisha no gufungura konti kuri uru rubuga rushya, nyuma y’amasaha arindwi uru rubuga rushyizwe ku mugaragaro.

Mark Zuckerberg yatangaje ko uru rubuga rushya ruje guhangana na Twitter imaze iminsi yinubirwa na bamwe kubera amavugurura yatangije.

Threads ifite umwihariko wo kuba umuntu ashobora kwandikaho ubutumwa bw’amagambo 500 mu gihe Twitter handikwaho amagambo 280

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Amashusho y’urukozasoni y’umugore n’umugabo bari mu mazi rusange akomeje kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga nk’umuyaga (VIDEWO)

“Amarira abanyarwanda barizwa n’amavubi wabona bazayahozwa n’abakina umukino wa karate” U Rwanda rwateguye abakinnyi bagiye kuruhagararira muri shampiyona y’isi