in

Bishop Gafaranga agiye gukora ubukwe n’umuhanzikazi Annette Murava

Umunyarwenya  wamamaye cyane mu bihe bya guma mu rugo ku izina rya Bishop Gafaranga , Habiyaremye Zacharie agiye kurushinga na Annette Murava basanzwe ari isnhuti ndetse bakanagirana indirimbo zigeze kuri 3.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyandika ibijyanye n’iyobokamana  Sbn gospel avuga ko  ngo ubukwe bwa Bishop Gafaranga na Annette Murava bashatse kubugira ibanga  ,ariko kandi ko buzaba tariki 11 Gashyantare 2023  , aho imihango yose y’ubukwe izabera muri La  Palisse Hotel Nyamata.

Annette Murava asanzwe ari umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana , akaba yaramenyekanye cyane mu ndrimbo yitwa “Niho nyiri” imaze kurebwa n’abantu barenga miliyoni 2 n’ibihumbi 200.

Ni umwe mu baririmbye mu gitaramo umuhanzi Israel Mbonyi yakoze mu mpera z’umwaka ushize ubwo yamurikaga umuzingo (album) Icyambu.

Mu mwaka ushize Annette Murava yari yambitswe impeta n'umuntu yagize ibanga
Mu mwaka ushize Annette Murava yari yambitswe impeta n’umuntu yagize ibanga
Bishop Gafaranga na Annette Murava bagiye bahurira mu ndirimbo zo kuramya Imana zirimo  Byabihe n'Igitambo
Bishop Gafaranga na Annette Murava bagiye bahurira mu ndirimbo zo kuramya Imana zirimo Byabihe n’Igitambo

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Dj Brianne agiye gusubira hanze y’u Rwanda nyuma yo kuvayo bitameze neza

Rayon Sports yemeje umubare w’amafaranga itazarenza nijya kwishyura umutoza Masudi Djuma wayireze muri FIFA yifuza miliyoni 32