in

Bimeze nka Hoteli y’inyenyeri 5: Dore ibitaro byo mu Buhinde byavuye Dr Kanimba wari urwaye indwara yo gutitira umubiri wose izwi nka ‘Parkinson’ [AMAFOTO]

Dr Kanimba Vincent wari umaze imyaka irenga 3 afashwe n’uburwayi bwo gutitira umubiri wose buzwi nka “Parkinson”, arashimira Imana ko yakize ndetse akaba yiteguye no gusubira mu kazi.

Muri Mata 2023 ni bwo mu buryo bugoranye yabwiye ISIMBI ko yakoze ubushakashatsi asanga hari ibitaro bimwe byamuvura biri muri Mexico, gusa nk’umuntu wari umaze igihe yivuze imitungo yari yarahatsikiriye nta bushobozi yari afite bwo kwijyanayo cyane ko byasabaga miliyoni 120 z’amafaranga y’u Rwanda.

Umuryango mugari w’Abanyarwanda ndetse na Leta y’u Rwanda baje kumufasha abona amafaranga ajya kwivuza ariko ntiyajya muri Mexico.

Hari amasezerano y’imikoranire (Memorandum Of Understanding) ibihugu biba bifitanye, u Rwanda rero rwahisemo kumwohereza mu Buhinde aho bamushakiye ibitaro byiza ndetse n’umuganga mwiza uzamukurikirana. Yivurije mu bitaro bya Manipal biri mu Mujyi Bangalore.

Dore amwe mu mafoto y’ibyo bitaro

 

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Yapfiriye muri CHUK: Umukanishi yakubise umusore w’imyaka 20 bimuviramo urupfu rubabaje none RIB yabyinjiyemo

“Ubwenge bwabo buri mu kibuno”  Dore imbogo yavuze ko abantu bamuteguriye igitaramo ubwenge bwabo buri mu kibuno kuko batazi ibyo bakora – videwo