in

Bahangayikishijwe no kubura imirambo ihagije! Kaminuza zo mu Rwanda ziri mu ihurizo rikomeye ryo kutabona imirambo ihagije koko ariyo bakoresha nk’imfashanyigisho

Muri kaminuza zo mu Rwanda UR harimo ihurizo ku kibazo cy’imirambo idahagije yo kwigishirizaho, iyi mirambo isanzwe ikurwa mu bitaro bifitanye amasezerano na UR (kaminuza y’u Rwanda) Ikaba iyo bene yo bataje gutwara nyuma yo kwitaba Imana.

Ni imirambo ikurwa mu bitaro bitandukanye byo mu gihugu bifitanye amasezerano na UR, aho iyo umuntu yapfuye umuryango we ntujye kumushyingura, ibitaro byandikira Urwego rw’Ubugenzacyaha, RIB, bikarumenyesha ko umurambo utanzwe ngo ukoreshwe mu kwigisha abanyeshuri.

Nubwo imirambo yo kwigishirizwaho iba ikenewe cyane mu gukarishya ubumenyi bw’abanyeshuri, si yose ifatwa kuko uwo basanze ufite ibibazo nk’indwara zandura n’ibindi udakoreshwa mu kwirinda ibindi wateza.

Imwe mu mirambo idafatwa, irimo uw’umuntu ushobora kuba atakwifatira ibyemezo [Urugero: Umwana], uw’umuntu wishwe, cyangwa se undi uba utizewe neza bijyanye n’icyamwishe.

 

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Gérard Buscher uri gutoza Amavubi by’agateganyo yatangaje ikintu ikipe yacu y’igihugu ibura kugirango ibe ikipe ikomeye muri Afurika

Nesa yatangaje igihe amanota y’abanyeshuri bakoze ibizamini bya Leta azasohokera