in

Bagore namwe bakobwa dore ibintu 5 ushobora gukora bikakugabanyiriza uburibwe mu gihe cy’imihango

Ubushakashatsi bwakozwe na ‘Women Health Concern’ bwagaragaje ko 80% by’abagore bashobora guhura n’ububabare mu gihe cy’imihango.

Uyu ni umubare uri hejuru ariko hari bimwe mu bikorwa bashobora gukora bikaba byabagabanyiriza ubwo buribwe.

1, Irinde ubukonje

Mu gihe umugore ari mu mihango ukunda kuribwa cyane ni byiza ko yirinda kujya ahantu hari ubukonje cyane nk’ahari umuyaga. Akwiye kandi kwirinda kunywa ibinyobwa bikonje.

Mu gihe uri ahantu hakonje cyangwa uri kubabara ushobora kwifashisha agatambaro washyize mu mazi ashyushye kabugenewe ukakarambika ku nda yawe hamwe hakurya.

2, Irinde kugira umuhangayiko

Mu gihe uribwa cyane mu gihe cy’imihango, ni byiza ko ufata umwanya wo kuruhuka mu gihe uri mu mirimo igusaba imbaraga nyinshi zo gutekereza kuko bishobora kongera bwa buribwe wari ufite.

Ni byiza ko ufata umwanya wo kuruhuka cyangwa ukagabanya imbaraga uri gukoresha mu gihe bigusaba ko ukomeza kugakora, ariko ukirinda ibintu biguhangayikisha.

3, Kora imyitozo ngororangingo

Ushobora kuba wumva ko kuryama cyangwa kwicara ahantu hamwe ari byo byagufasha kumera neza.

Nyamara uzasanga ibi ari byo bituma bwa buribwe bwiyongera mu gihe uri mu mihango, kurusha uko wahaguruka ugakoresha umubiri wawe.

Ntabwo ari ngombwa ngo ukora siporo nk’iyo wakoraga utari muri ibi bihe, ariko byibuze ukore gake kangana n’imbaraga ufite muri uwo mwanya kuko na byo bizagufasha kugabanya bwa buribwe. Ushobora no gukora urugendo n’amaguru, byagufasha.

4, Irondequoit gufata ibirimo isukari na ‘caffeine’

Bimwe mu bintu bishobora kuba bikorohera mu gihe cy’imihango, ni ugufata ibyo kunywa, kuko ibyo kurya byo uba wumva utabishaka niba ugira iseseme muri ibi bihe.

Irinde kuba wafata ibintu birimo isukari nka fanta cyangwa umutobe ndetse n’ibirimo ‘caffeine’, kuko ari bimwe mu bintu bituma uburibwe bukomeza kwiyongera.

5, Itangazo muganga mu gihe bigikomeye

Niba ukora ibi byose ugakomeza kuribwa mu nda bikabije cyane, ni byiza ko wakwegera muganga akareba ikibazo ufite ndetse akaba ari nawe ugira uruhare mu kukwandikira imiti wafata, utiriwe ujya kuyifatira cyane ko kwiha imiti utandikiwe bigira inkangura ku buzima bwawe.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Amakuru mashya: Umusore w’umunyarwanda n’undi w’umurundi bafatanywe imashini ikora amafaranga

Rubavu: Yatawe muri yombi nyuma yo gushaka gutera icyuma uwo yari agiye gukoresha ubutinganyi ku gahato