in

Bafashwe bari gutwika umutwe w’umukobwa bari bamaze kwica batanga impamvu idasanzwe yatumye bakora ibyo

Abahungu bane bo muri Oke Aregba mu gace ka Abeokuta mu murwa mukuru wa Leta ya Ogun, batawe muri yombi ubwo bafatwaga bari gutwika umutwe w’umukobwa bivugwa ko yakundanaga n’umwe muri bo.

Ku wa gatandatu mu rukerera, Bwana Segun Adewusi, ushinzwe umutekano w’abaturage, yabonye abo basore bakiri bato bari gutwika ikintu kimeze nk’umutwe w’umuntu mu muhanda rwa gati. Nuko na we yahise atabaza inzego z’umutekano.

Abapolisi bo kuri sitasiyo ya Adatan, nibo batabajwe na Bwana Segun wabonye abo basore, nuko baza kureba abo basore bahasanga batatu undi umwe yari yagiye mbere y’uko Polisi ihagera.

Amakuru yatangajwe n’abanyamakuru avuga ko umukobwa wishwe yitwaga Rofiat, akaba yari atuye mu gace ka Idi-Ape ndetse akaba yarakundanaga na Soliu wagize uruhare mu kumwica.

Abo basore bavuze ko bishe uwo mukobwa bakamuca umutwe, bagapakira umurambo udafite umutwe mu mufuka. Nyuma yo gukora ibyo umutwe bahise bajya kuwutwika kugira ngo bakore umuhango wo kubona ubukungu.

Polisi yo muri Leta ya Ogun yemeje ayo amakuru, ivuga ko ku ikubitiro hafashwe batatu undi aracika. Gusa ariko uwo wacitse na we yaje gufatwa arafungwa.

Written by GUTER

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Uwurukundo Emmanuel
2 years ago

Gushaka ifranga konumva bizatabantu kugasi ra

Ni akumiro : Yashakanye na Musaza we bavukana ku babyeyi bombi

Nyabugogo: Undi muntu yagerageje kwiyahura asimbutse inyubako ikorerwamo ubucuruzi