in

Ashobora kubura byose nk’ingata imennye: Ya modoka Bahavu Jeanette amaze iminsi yirukaho agiye kuyibura ntaramuka adahinduye ibitekerezo

Ku wa 1 Mata nibwo Bahavu Jeanette yatsindiye imodoka nk’umukinnyi wa Filime ukunzwe gusa ariko iyo modoka ntarayihabwa.

Impamvu yo kutayihabwa ni uko adashaka ko bamuha iyi modoka iriho ibirango by’umuterankunga Ndoli Safaris.

Kuri ubu amakuru ahari ni uko ubwumvikane bwanze kugeza aho RIMA itegura ibi bihembo yatangiye gutekereza ko iyi modoka bayihera Bamenya wamukurikiye mu majwi.

Ndoli ivuga ko itatanga imodoka itariho ibiranga byayo kuko ntaho yakungukira, ibyo Bahavu we ntabyemera kuko ngo ntiyatwara imodoka iriho ibirango bya sosiyete atamamariza.

Ndoli yabwiye RIMA ko basesa amasezerano mu gihe batakoze ibyo bumvikanye.

RIMA yo yatangiye gutekereza ko mu gihe Bahavu yanze imodoka bayihera Bamenya wamukurikiye mu majwi maze we agafatwa nk’uwanze igihembo.

 

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Muri Uganda bagiye gukuraho itegeko rihana ababana bahuje igitsina

Wagira ngo bicaye mu ndege: Umuherwekazi Zari yagaragaye ari kumwe n’abana be 2 yabyaranye na Diamond bicaye mu modoka ye y’akataraboneka – VIDEWO