in

Amwe mu mazina y’abishwe na Kazungu Denis yamenyekanye ndetse hanamenyekana ukuntu yicaga abantu akagenda abagereranya kugira ngo batamara umwanya yari kuzashyinguramo abandi

Amwe mu mazina y’abishwe na Kazungu Denis yamenyekanye ndetse hanamenyekana ukuntu yicaga abantu akagenda abagereranya kugira ngo batamara umwanya yari kuzashyinguramo abandi.

Urubanza rwe rwatangiye saa tatu za mu gitondo, Kazungu, umusore w’inzobe, udafite ibigango bikanganye, ariko ukekwaho ibikorwa by’ubugome, mu rukiko yanyuzagamo agahindukira akareba imbaga yari yuzuye, ndetse agasa n’umwenyura.

Umushinjacyaha yasubiye mu bikorwa bye bigize ibyaha 10 akurikiranyweho birimo ubwicanyi, iyicarubozo, n’ibindi avuga uko Kazungu yagiye abikora.

Yavuze ko Kazungu yavuze ko yibuka abantu batatu gusa mu bantu akekwaho ko yishe, barimo umusore witwa Turatsinze Eric, uwitwa Eliane Mbabazi n’uwitwa Clementine.

Mbere ngo yabanje kujya yica umuntu akamushyira mu cyobo yacukuye, akamurenzaho igitaka, ariko aza gusanga kizuzura vuba, niko kujya abica noneho akabagerekeranya.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Yabicishaga inyundo n’imikasi! Umwicanyi ruharwa, Kazungu Denis yavuze uko yicaga abakobwa akabanza kubakorera ibindi bikorwa by’ubunyamaswa n’ubwambuzi

Aba-Congomani ntibatana n’ifoto! Rutahizamu wa Rayon Sports, Héritier Luvumbu Nzinga yagaraye mu mihanda ya kigali agenda yifotora – VIDEWO