in

Amakuru mashya kuri ya mpanuka y’imodoka yagonze ibitaro by’Umurenge

Amakuru mashya kuri ya mpanuka y’imodoka yagonze ibitaro by’Umurenge.

N’impanuka yabaye ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru, tariki 25 Kamena 2023 ubwo yari imaze gupakirwamo Bomboni zishyirwamo Oxygene zongererwa abarwayi maze umushoferi ayikase iranga ihita ihanuka ku mukingo wa metero zirenga 20 yinjira ahatangirwa serivisi za ARV muri ibi bitaro nubwo itagize uwo yambura ubuzima.

Bamwe mu baganga bo muri ibi bitaro impanuka yabaye bahari bavuga ko iyi modoka itari ifite Controle Tekiniki, kuko yari yararangiye mbere ho iminsi ibiri ko ikora impanuka ibyo bavuga ko bitakabaye ku bitaro bya Leta.

Abandi bakomeje bavuga ko iyi mpanuka yatewe b’umunaniro abashoferi bo muri ibi bitaro bahorana kubera kutaruhuka bihagije, kuko bafite abashoferi mbarwa mu gihe akazi bagahorana kuko aribyo bitaro rukumbi biri muri aka karere.

Nyuma yo gukora impanuka kw’iyi modoka isanzwe ikoreshwa mu bikorwa by’ubuvuzi bamwe mu baganga bavuze ko iki kibazo cy’abashoferi badahagije umuyobozi w’ibitaro amaze igihe akizi ariko yagiteye umugongo.

Uwari uyitwaye yoherejwe i Kigali muri CHUK guca mu cyuma nk’uko bitangazwa n’umuyobozi mukuru w’ibyo bitaro.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Ngoma: Yiyahuranye n’umwana we w’igitambambuga kubera gufuhira umugore we

“Amatsinda yatangiye kumpumurira” Umunyamakuru Bruno Taifa yahaye ikizere cyo kugera kure mu mikino ny’Afurika ku ikipe yihebeye hano mu Rwanda – VIDEWO