in

Amakuru agezweho: CP John Bosco Kabera yamaze impungenge abantu bose bashobora gutungurwa n’ibizamini byo gutwara ibinyabiziga

Umuvugizi wa Polisi mu Rwanda CP John Bosco Kabera yamaze impungenge abantu biyandikisha ku mpushya zo gutwara ibinyabiziga guhera tariki 12 Kamena 2023 kuguza tariki 12 Kamena 2024.

Abantu biyandikishije muri aya mezi twavuze haruguru bamwe muri bo bagize impungenge zikomeye nyuma yo kumva ko Polisi y’u Rwanda ishami ryo mu muhanda yatangaje ko abantu bose bafite kode z’ibizamini bagomba gukora mu gihe kitarenze amezi abiri uhereye tariki 12 Kamena 2023.

Abaturage bamwe bagiye bavuga ko batunguwe cyane ndetse ko bataratangira kwiga gusa umuvugizi wa Polisi mu Rwanda CP John Bosco Kabera yatangaje ko abantu bafite ibizamini muri aya mezi yavuzwe haruguru bakaba bafite impungenge z’uko bataratangira kwiga bakwiriye gutuza kuko batekerejweho.

CP John Bosco Kabera yavuze ko nta muntu uzigera abura kode y’ikizamini cyangwa se ngo kode ye ite agaciro kubera ko atagiye gukora ikizamini kuko igihe cyose yaba arangije kwiga neza yajya gukora ikizamini.

Gusa yashishikarije abantu bose kwiga igihe cyose biyandikishije ku kizamini kugira ngo badatungurwa kuko Polisi yatangiye gahunda yo kwihutisha ibizamini, ibi umuvugizi wa Polisi mu Rwanda CP John Bosco Kabera yabitangarije kuri radio Rwanda.

Written by Aphrodis Nizeyimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250787782000

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

“Sinzi niba ari bubashe kubona ibingibi” Irene Murindahabi ku isabukuru ye yavuze uburibwe umubyeyi we ari gucamo amarira azenga mu maso – VIDEWO

“Mbese urabizi ko ukundwa kurusha uko ubizi” Bruce Melodie yeretswe urukundo rudadanzwe n’abakunzi be (Amafoto)