in

Amakipe y’i Nyarugenge bazayamara! Nyamukandagira iri mu biganiro n’aba- Rutahizamu 2 b’abanya-Uganda

Ikipe ya APR FC ishobora kongeramo imbaraga mu mpeshyi y’uyu mwaka igura abakinnyi babiri bakomoka muri Uganda, Allan Okello na Ronald Ssekiganda. Aba bakinnyi bombi bakina hagati mu kibuga, aho Ssekiganda yibanda ku kugarira naho Okello agasatira izamu.

Amakuru yamenyekanye avuga ko APR FC yamaze kumvikana na Ssekiganda, mu gihe ibiganiro na Okello bikomeje kandi bigeze kure. Mu gihe isoko ry’igura n’igurisha rizaba rifunguye, birashoboka ko bombi bazerekeza muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ssekiganda akinira Villa SC naho Okello akina muri Vipers SC. Bombi bagaragaje ubuhanga muri Shampiyona ya Uganda ndetse banakiniye Ikipe y’Igihugu mu mukino wa Guinée, aho batsinze igitego 1-0. Okello ni we watsinze icyo gitego cyabahesheje intsinzi. Kuri ubu, ni we uyoboye abatsinze ibitego byinshi muri Shampiyona ya Uganda, aho afite 14 mu mikino 21.

Niryo bazerekeza muri APR FC, bazahasanga abandi Banya-Uganda barimo Hakim Kiwanuka na Denis Omedi binjiye muri Mutarama, ndetse na Taddeo Lwanga umaze umwaka wa kabiri muri iyi kipe.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mukura yatahanye amanota, Murera yo icyura amafaranga: Hamenyekanye akayabo k’amamiriyoni Murera yinjije ku mukino yatsinzwemo Mukura VS

Yahundagajweho umurundo w’amafaranga! Abafana ba APR FC beretse urukundo rudasanzwe rutahizamu wabo wabafashije kwikura imbere ya Vision Fc – AMAFOTO