in

Amafoto: Abakunzi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi bayakiranye urugwiro

Kuri uyu wa 12 Kamena 2024 abakinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi nibwo byari byitenzwe ko bagera i Kigali mu Rwanda bavuye muri Afurika y’Epfo.

Ni nyuma y’umukino ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinzemo ikipe y’igihugu ya Lesotho bakunda gutazira “Ingona” [1-0].

Uyu mukino wabereye Ku cyibuga cyitiriwe Moses Mabhida i Durban  usiga ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yongeye kuyobora itsinda C yari imaze iminsi iyobora ariko ikaza gutakaza umwanya wa mbere itsinzwe na Benin [1-0].

Umukino ikipe y’igihugu y’u Rwanda yatsinzemo ikipe y’igihugu ya Lesotho wasize Ruyoboye itsinda rya C ndetse unasiga abanyarwanda muri rusange bongeye kwishima no kugira ikizere ko bashobora kuzabona ikipe yabo ijya mu gikombe cy’Isi giteganyijwe kubera muri Leta zunze ubumwe z’Amerika (USA) mur 2026.

Urutonde rw’itsinda C

• Rwanda 7 points
• South Africa 7 points
• Benin 7 points
• Lesotho 5 points
• Nigeria 3 points
• Zimbabwe 2 points

Ibi rero nibyo byateye abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda akamwenyu ndetse bamwe bahitamo no kujya kwacyira ikipe yabo kuko ntibyari biherutse kubaho ko ikipe y’igihugu y’u Rwanda ikura itsinzi hanze y’u Rwanda mu mikino y’amarushanwa .

Amafoto y’abakunzi b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi

Umuyozi w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA arikumwe n’u mutoza wa Mavubi
Kapiteni w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Bizimana Djihadi arikumwe n’abafana

Umutoza w’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi Frank Spittler Torsten ashagawe n’abafana

Kwizera Jojea watsindiye ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi igitego arikumwe na bafana
Hakim Sahabo arikumwe n’abafana

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Birababaje! DJ Dizzo wari uherutse gutangaza ko yitegura kwibaruka yasanze umwana atari uwe

APR FC yasahuye Kiyovu Sports, Bugesera FC itibagiwe na Rayon Sports