in

“Akabuno ku ntebe amaso kuri ekara” Menya bimwe mu bisobanuro by’amagambo Yanga yajyaga akoresha ari gusobanura

Agasobanuye ni izina ryahawe filime zatangijwe n’umugabo uzwi ku izina rya Yanga (younger) ahagana mu 1997, aho azisobanura azikura mu ndimi z’amahanga akazishyira mu Kinyarwanda.

Muri izi filime harimo amagambo ajimije Yanga (Younger) akoresha agakundwa cyane n’urubyiruko.

Ariko kuba aya magambo atarakundwaga n’abakuze, byatumaga bamwe batibona muri izi filime, bakanabuza abana babo kuzireba.

Amwe muri ayo magambo ni aya akurikira:

Tipe : Iri jambo ryakoreshwaga ahanini ku mukinnyi nyir’izina wa filime (acteur principal/main actor).

Debande : Uyu yabaga akenshi ari wa wundi ugomba gupfa ahanini yishwe na Tipe.

Kuri finale : Aha ni iyo filime yabaga iri hafi kurangira aho Tipe yabaga ari kurwana na Debande.

Kwa Myasiro : Muri resitora

Imikasiro : Ibibazo

Gashibutisi : Iki cyari igitutsi ariko mu by’ukuri nta gisobanuro gihamye gifite

Gashirikoko : Ni kimwe na gashibutisi

Umucango : Ni tekinike zo kurwana zihambaye

Karatangira kanakomeza : Aya ni amagambo akoreshwa mu buryo bwo gukangura cyangwa se kureshya abakurikiye filime ngo batarambirwa

Akabuno ku ntebe amaso kuri ekara : Muri cya gihe filime iba itangiye, hagaragazwa amazina y’abagize uruhare mu ikinwa ryayo; abasobanura usanga bavugaga bati “kurikira agafilime, akabuno ku ntebe amaso kuri ekara”.

Bagenzi (Bagenzi niyo ndoro, ni nayo ngendo) ijambo bagenzi ni ijambo rikunda kugaruka muri menshi akoreshwa muri filime zisobanuye!

Ibyacu ntibitinda : Ibi byavugwaga iyo habaga hagiyeho indi scene ukabona uwari muri scene ivuyeho ari no mu ikurikiyeho.

Intoryi : Iri jambo ryakoreshwaga iyo umugabo yabaga ukubiswe umugeri cyangwa ikindi kintu hagati y’amaguru.

umusini : Aha ijambo “umusini” ryashakaga kuvuga igiceri cya 50.

Gutambaza : Gutanga cyangwa se kwishyura.

Inzego: Iri jambo ryavugaga umukobwa.

Imbeshu : Ni ijambo ryakoreshwaga rishaka kuvuga umukobwa ukina uburaya muri filime

Umumbweti cyangwa Umutimbwe : Ni Imbwa

 

 

Written by Uwihirwe

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.:+250725077325

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Byo biragoye kubyiyumvisha, dore amasutiye ndetse n’amakariso bihenze kurusha indege(reba igiciro gihanitse bigurwa)

Papa Francis yajyanwe kwa muganga

Papa Francis yajyanywe mu bitaro