in

Ahari inzu hasigaye ibibanza: Mu mafoto 10 reba uburyo intara y’Iburengerazuba yashegeshwe n’ibiza byatwaye abantu n’ibintu

Ahari inzu hasigaye ibibanza: Mu mafoto 10 reba uburyo intara y’Iburengerazuba yashegeshwe n’ibiza byatwaye abantu n’ibintu.

Ku wa Kane, tariki ya 4 Gicurasi 2023, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente yemeje ko hamaze kumenyekana abantu 130 bitabye Imana, ndetse ngo bashobora kwiyongera kuko hari abataraboneka, nk’abatwawe n’imigezi nka Sebeya mu Karere ka Rubavu.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko hamwe n’abafatanyabikorwa bayo, barimo kugoboka abibasiwe bashakirwa aho gucumbikirwa, ibiribwa, ibiryamirwa n’ubundi bufasha.

Ibimaze gutangwa kugeza ubu birimo toni 60 z’ibiribwa birimo 30 za kawunga na 30 z’ibishyimbo, n’ibikoresho by’ibanze birimo ibikoresho byo mu gikoni, ibikoresho by’isuku, ibiryamirwa n’ibindi.

Aya ni amafoto yafashwe agaragaza tumwe mu turere nka Rubavu n’ahandi uko hasenyutse nyuma yibiza.

 

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Urutonde ry’abakinnyi 12 batemerewe gukina imikino y’umunsi wa 28 wa shampiyona

Arayaguha se ni so! Umukobwa wacyuriraga abasore batajya baha abakobwa amafaranga ahuye n’abasore bafite umujinya wabo maze barawumutura(Videwo)