in

Adel Amrouche yatangaje ko agiye gufasha ruhago y’u Rwanda ikaba iya mbere muri Afurika hose

 Umunya-Algeria Adel Amrouche yagizwe umutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi. Yatangaje ko afatanyije n’abungiriza be bazafatira urugero ku iterambere ry’u Rwanda kugira ngo bazamure urwego rwa ruhago nyarwanda. Ibi yabitangaje mu kiganiro n’itangazamakuru kuri Kigali Pele Stadium ku wa 2 Werurwe 2025.

Perezida wa FERWAFA, Munyantwali Alphonse, yavuze ko guhitamo Amrouche atari byoroshye kuko hari abatoza benshi bifuzaga ako kazi. Yavuze ko yasinyishijwe imyaka ibiri kandi bafite intego runaka bagomba kugeraho mu marushanwa atandukanye.

Amrouche yavuze ko azi ruhago nyarwanda, harimo amakipe akomeye nka APR FC, kandi azaha amahirwe abakinnyi bose bafite impano, harimo n’abakina mu Cyiciro cya Kabiri. Yemeje ko Ikipe y’Igihugu ari iy’Abanyarwanda bose kandi buri wese azabona amahirwe yo kuyikinira.

Amrouche yashimye iterambere ry’u Rwanda n’ubuyobozi bwa Perezida Paul Kagame, avuga ko yifuza kuzamura ruhago nyarwanda ikaba iya mbere muri Afurika. Yavuze ko azakorana n’abatoza bo mu Rwanda, barimo Eric Nshimiyimana na Dr. Carolin Braun, kugira ngo bongere ubumenyi mu mupira w’amaguru.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

APR FC yitwaye neza imbere ya Police FC, bituma isatira Rayon Sports ku rutonde rwa shampiyona

Umufaransa Fabien Doubey nyuma yo kwegukana Tour Du Rwanda 2025 yaciwe amande akomeye cyane