in

Abatoza b’Amavubi nyuma yo kubona barakoze amakosa mu guhamagara abakinnyi bahise bafata umwanzuro wo gutumira abakinnyi bari birengagijwe

Mu cyumweru gishize nibwo abatoza b’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi bahamagaye abakinnyi bagomba kuzakoresha ku mukino wa Senegal usoza itsinda udafite icyo umaze.

Abakinnyi bahamagawe, bagarutsweho na benshi kubera abahamagaye abakinnyi ntibashyiremo abari basanzwe bakomeye ndetse banigaragaje cyane muri Shampiyona ahubwo hagahamagarwa abatakekwaga. Mu bahamagawe bakagarukwaho cyane ni Nshimiyimana Yunusu ukinira APR FC.

Abakinnyi barimo Mitima Issac, Imanishimwe Emmanuel Mangwende ndetse n’abandi bari mu bagarutsweho cyane batahamagawe mu Amavubi agomba gukina na Senegal tariki 9 Nzeri 2023 muri wikendi igiye kuza.

Umutoza Gerard Buscher wasigiye ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi nyuma yo gutandukana na Carlos Alos Ferrer wabonye akazi ku mugabane w’iburayi, nyuma yo kubona hari imyanya yo kongeramo abakinnyi bahise bahamagara igitaraganya abakinnyi barimo Niyonzima Olivier Sefu, Bacca na Mitima Issac.

Sefu nyuma yo kubona ko yahamagawe mu Amavubi yatangaje ko yishimiye guhamagarwa kubera ko ngo yari amaze igihe kinini adakinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi nyuma yo guhabwa ibihano ubwo aherukamo kubera imyitwarire itari myiza.

 

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abatoza b’Amavubi nyuma yo kubona barakoze amakosa mu guhamagara abakinnyi bahise bafata umwanzuro wo gutumira abakinnyi bari birengagijwe

Burya koko u Rwanda rwababereye nka Saudi Arabia! Abikinnyi b’ikipe y’igihugu y’u Burundi bakina muri shampiyona y’u Rwanda bagiye gukinira ikipe y’igihugu cyabo bambaye imyenda igaragagaza ko bayoje igitiyo -IFOTO