in

Abanyamakuru b’ikiganiro Urukiko rw’ikirenga kuri radiyo ya Sam Karenzi batangiye Ikiganiro cya mbere

Kuri uyu wa Mbere, hatangijwe ku mugaragaro radiyo nshya yitwa SK FM, iyobowe n’umunyamakuru w’imikino wamamaye, Sam Karenzi. Iyi radiyo izibanda cyane ku biganiro by’imikino, imyidagaduro, n’andi makuru agezweho.

Mu biganiro bikomeye bizatangira kuri SK FM, harimo “Urukiko rw’Ikirenga”, ikiganiro cy’imikino kizayoborwa n’abanyamakuru bakomeye: Sam Karenzi, Kazungu Claver, Niyibizi Aimé na Ishimwe Richard. Aba banyamakuru bafite uburambe mu gutara no gusesengura amakuru y’imikino, bakaba bariyubatse ku maradiyo atandukanye mbere yo kwinjira muri SK FM.

Iki kiganiro kizibanda ku isesengura ryimbitse ry’ibyabaye mu mikino, ibitekerezo ku makipe n’abakinnyi, ndetse n’isesengura ry’ibyemezo by’abayobozi b’imikino. “Urukiko rw’Ikirenga” kizaba urubuga abanyamuryango b’imikino bazunguraniraho ibitekerezo ku bibazo n’iterambere ry’uyu mukino mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.

Abakunzi b’imikino barasabwa gukurikira SK FM kugira ngo bumve uko aba banyamakuru bakomeye bazana umwihariko mu gusesengura ibibera mu kibuga no hanze yacyo.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

FERWAFA irateganya gukoresha ingengo y’imari ya miliyari 15,2 Frw mu 2025

Yashakaga gukangura umu-diaspora none bimugejeje muri RIB! Yampano yakoreye ubuhemu Aline Umuhoza uba USA amurya amadorali ye none bishobora kumukoraho