in

Abana ni umugisha: Umugore warufite abana barindwi yagiriwe umugisha yibaruka abandi batanu icyarimwe(Ifoto)

Abana ni umugisha: Umugore warufite abana barindwi yagiriwe umugisha yibaruka abandi batanu icyarimwe.

Dominika Clarke, yabyaye abana batanu icyarimwe biyongera ku bandi barindwi yari asanganywe.

Uyu mugore we n’umugabo we batuye mu mujyi wa Cracovie mu majyepfo ya Pologne. Bari basanganywe abana bari hagati y’amezi icumi n’imyaka 12, nkuko 7sur7 yabitangaje.

Abo ni abana bari basanganywe uko ari barindwi.

Ku cyumweru gishize nibwo yabyaye abana batanu, ababyarira mu bitaro bya Cracovie, aho asanzwe atuye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, uwo mugore yavuze ko we n’umugabo we bari bateganyije kubyara umwana wa munani ariko byaje kurangira babonye benshi.

Abana bavutse umugore abazwe, bavukira ibyumweru 29, bivuze ko bakeneye kubanza kwitabwaho n’abaganga.

Abana bavutse barimo abakobwa batatu n’abahungu babiri. Yahise abaha amazina arimo Arianna Daisy, Charles Patrick, Elizabeth May, Evangeline Rose na Henry James.

Inzobere mu buvuzi zivuga ko ubusanzwe kubyara impanga eshanu bibaho gake cyane kuko biba ku mugore umwe mu bagore miliyoni 52.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Salima Mukansanga yavuze umunsi atazibagirwa bwa mbere asifura – VIDIO

Mudugudu yakubise umuturage umuhini arapfa amuziza amakuru yari yatanze(inkuru irambuye)