in

YEGOKOYEGOKO NDASETSENDASETSE NdababayeNdababaye NdabikunzeNdabikunze

Abakoresheje Busyete wavuze ngo ‘Kabaye’ bashobora gukurikiranwa na RIB

Ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye umugabo witwa Busyete wavuze ijambo ‘Kabaye’, abakoresheje ibiganiro uwo mugabo bashobora gukurikiranwa nk’uko bitangazwa n’imiryango iharanira uburenganzira bw’abafite ubumuga.

Ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye umugabo witwa ‘Busyete’ akaba ari we wavuze ijambo ryamamaye mu banyarwanda “Kabaye.”, uyu mugabo asanzwe afite ubumuga bwo mu mutwe.

Amashusho y’uyu mugabo yakanguye abaharanira uburenganzira bwa bantu bafite ubumuga, aho bavuga ko ayo mashusho aba agamije kwinjiriza abayasohoye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’impuzamiryango iharanira uburenganzira bw’abafite ubumuga (NUDOR), Jean Damascene Nsengiyumva yagarutse ku rugero rwa Busyete wagaragaye mu mashusho avugamo kabaye.

Iyu munyamabanga avuga ko bitabaje inzego zisanzwe zifite mu nshingano gukurikirana abakekwaho ibyaha nka RIB mu rwego rwo kugira ngo ikurikirane abo bantu bakora ibyo ku bw’inyungu zabo bwite.

Ati Mu byo twagaragaje dutecyereza ko bishobora kuba bigize ibyaha kugira ngo urwo rwego rudufashe gukurikirana ibigize icyaha muri iyi migenzereze.”

Yakomeje anatanga ingero kuri Busyete wakoreshejwe ari kunywa inzoga akavuga amangambure

Ati:“iby’ejobundi bya Busyete byazamuye byinshi aho tubona noneho abantu bararengereye batangiye kuvugisha amangambure umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe.”

Ibyo byose byakozwe n’imiryango irengera uburenganzira bw’abafite ubumuga ngo bigamije guhwitura, gusa ngo hari n’ibihano ku bahamwe n’ibyo bikorwa bahanishwa igihano gisumba ibindi mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Evariste Murwanashaka nawe wo mu mpuzamiryango avuga ko ufata umuntu ufite ubumuga akamuha ibisindisha akamukoresha, ahanishwa igifungo cya burundu.

Written by Charry

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Umutwe udakira : Ibiwutera n’uko wabasha kuwirinda

Abarebye kuri story ya instagram ya Bijoux bakubiswe n’itagira amazi bamubonye yarakaye

  • https://stream.zeno.fm/0fzvslccgngvv
  • YEGOB LIVE
  • YEGOB LIVE
  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO