Ikipe ya Rayon Sports itazirwa n’abafana bayo akazina ka Gikundiro cyangwase Murera ubu iri kubarizwa mu karere ka Rubavu aho igiye kwitegura umukino wa shampiyona uzayihuza na Marine FC.
Rayon Sports yakaniye uwo mikino ishaka amanota 3 igakomeza kugira amanota y’imbumbe kuko ubu igiye gukina ifite amanota 9/9 inganya n’ikipe ya Kiyovu Sports iri kumwanya wa mbere kuko irusha Rayon Sports ibitego izihamye gusa.
Mbere y’uku Rayon Sports ikina uyu munsi tariki ya 30 Nzeri 2022 yasuye abanyeshuri biga ku cyikigo cy’amashuri cya GS Muhato giherereye hafi ya sitade Umuganda, ni murwego rwo gukundisha abana umupira w’amaguru ndetse no ku bakundisha ikipe ya Rayon Sports.
Abana biga kuri GS Muhato bishimiye kubona abakinnyi ba Rayon Sports maze batangira gukoma y’amashyi y’abareyo bafatanyije n’abayobozi ndetse n’abakinnyi ba Rayon Sports.