in

Abakinnyi 11 umutoza Thierry Froger utoza APR FC azabanza mu kibuga ejo bahawe intego yo kubabaza ikipe ya Pyramid FC

Abakinnyi 11 umutoza Thierry Froger utoza APR FC azabanza mu kibuga ejo bahawe intego yo kubabaza ikipe ya Pyramid FC

Kuri uyu wa gatanu tariki 29 Nzeri 2023, ikipe ya APR FC irambikana n’ikipe ya Pyramid FC mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions League. Umukino ubanza wabereye hano mu Rwanda aya makipe yombi yanganyije ubusa ku busa.

Thierry Froger umaze kwigarurira imitima y’abakunzi b’ikipe ya APR FC ndetse urimo no gutinywa cyane n’ikipe ya Pyramid FC kubera ibigwi afite mu mupira w’amaguru ubona ko imyitozo arimo gukoresha abakinnyi ashaka kuba yakora amateka akageza iyi kipe mu matsinda nubwo ntagitutu yashyizweho n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Abakinnyi 11 uyu mutoza wa APR FC arabanza mu kibuga ku munsi wejo kuwa gatanu, dushobora kubona ikipe n’ubundi isanzwe ari iya mbere.

Mu izamu: Pavel Ndzila

Ba myugariro: Nshimiyimana Yunusu, Charles Bienvenue Bindjeme, Ombarenga Fitina, Ishimwe Christian

Abo hagati: Taddeo Lwanga, Sharaf Eldin Shaiboub, Niyibizi Ramadhan

Ba rutahizamu: Nshuti Innocent, Iradukunda Alain Bacca, Apam Assongwe

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umukobwa amaze imyaka 2 atuburira abasore akabarya amafaranga baziko bari kuyaha Kayumba Darina, hari n’ibyamamare yatuburiye kugeza ubu amaze gutuburira abarenga 30!

Nyagatare: Umwana w’imyaka 14 wiga aba mu kigo yagiye kwiga asanga bamusibije ni uko maze ahita afata iby’ibanze asimbuka ikigo arigendera none ababyeyi be ntibazi aho ari