in

Abakinnyi 11 umutoza Thierry Froger azabanza mu kibuga ejo yakoze impinduka zitangaje kugirango azafunge imyanya 2 ya Pyramid FC yemezako ari yo iteye ubwoba cyane

Ku munsi wejo ruzambikana hagati ya APR FC na Pyramid FC mu mukino wa ubanza w’ijonjora rya kabiri muri CAF Champions League.

Ikipe ya Pyramid FC izakina n’ikipe ya APR FC yamaze kugera mu Rwanda ivuye mu gihugu cya Misiri. Nyuma yo kugera mu Rwanda yahise ikora ibidasanzwe benshi bemeza ko ari nko gukanga abanyarwanda bakunda ikipe ya APR FC. Mu byo yakoze harimo nko kuba iyi kipe icumbitse muri Hotel ikomeye hano mu Rwanda ndetse ifata Bus iyitaka amabara yayo ibintu bidasanzwe hano mu Rwanda.

Ikipe ya APR FC imaze iminsi ikora imyitozo ikomeye cyane yitegura uyu mukino, umutoza Thierry Froger kimwe mu byo arimo kwigisha abakinnyi be ni uko bagomba gufata ba rutahizamu ba Pyramid FC bayobowe na Fiston Kalala Mayele ukomoka mu gihugu cya DRC.

Uyu mutoza mu minsi yashize yigeze gutungurana tubona ahaye umwanya abakinnyi batabonaga umwanya wo gukina barimo Nshimiyimana Yunusu, Ramadhan ndetse n’abandi. Ubu nabwo yongeye gutungurana mu bakinnyi 11 azabanza mu kibuga.

Nyuma yo kubona ko Pyramid FC ifite ba Rutahizamu bakomeye ndetse barebare Thierry Froger ngo ashobora kuzabanza mu kibuga Nshimiyimana Yunusu kubera igihagararo afite, Buregeya Prince akicara. Nshimiyimana Ismael Pitchou nawe ashobora kuzicazwa mu kibuga hagati hagakina Lwanga na Shaiboub ndetse na Niyibizi Ramadhan.

Abakinnyi 11 umutoza Thierry Froger azakoresha hatagize igihinduka

Mu izamu: Pavel Ndzila

Ba myugariro: Nshimiyimana Yunusu, Charles Bienvenue Bindjeme, Ombarenga Fitina, Ishimwe Christian

Abo hagati: Taddeo Lwanga, Sharaf Eldin Shaiboub, Niyibizi Ramadhan

Ba rutahizamu: Apam Assongwe, Victor Mbaoma, Ruboneka Jean Bosco

 

Written by Philcollens

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 784 798 373

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Kalisa kabayiza Emmanuel
Kalisa kabayiza Emmanuel
11 months ago

Icyo dushaka ninsinzi tihakurwaho igisuziguroro

Super Manager wiyitaga bandebereho yagaragaye mu kabari ari kwagazwa n’inkumi imukorakora umubiri wose [Video ]

Ibi byo birakabije pe! Element yakoze ibintu byatumye n’abagabo bava mubyabo batangira kumutera imitoma