in

Abaganga bibagiriwe urwembe babagisha mu nda y’umurwayi none abaryayi bagiye kubashiraho

Abaganga bibagiriwe urwembe babagisha mu nda y’umurwayi none abaryayi bagiye kubashiraho.

Nigeria haravugwa inkuru y’uburangare bw’abaganga babaga abarwayi bakibagirirwa ibikoresho babagisha mu nda.

Ubundi abaganga ni abantu baba bagomba kwigengeserera mu gihe bari kubaga umuntu ndetse bakagenzura bakamenya neza niba ntakintu cyamawangiza kimusigayeho, gusa aba baganga bo muri Nigeria bo barashinjwa kwibagirirwa ibikoresho mu nda z’abarwayi.

Umugabo witwa Abbdul yagize ati ” natakaje bene wacu benshi kubera uburangare bw’abaganga, kandi abo natakaje bose ni ababaga babazwe. Abaganga bafite imico mibi yo kutita ku baryayi no kudashyira umutima ku byo bakora, ndetse ibi byose biterwa nuko nta gihano kijya gifatirwa ababikoze, kuri ubu umuntu asigaye arwara agahitamo kwigumira mu rugo kuko aba abona kwa muganga najyayo ibibazo biraza kwiyongera.”

Ibi byagarutswe nyuma yuko hari amakuru avuga ko hari umubyeyi wagiye kubyara, akabyara abazwe, nyuma agataha yagera mu rugo agakomeza kugubwa nabi. Ubwo yasubiraga kwa muganga byabaye ngombwa ko bongera kureba mu nda, barebye basanzemo urwembwe abaganga bakoresha babaga.

Biravugwa ko uyu mubyeyi arembye cyane ndetse ko bishobora no kumuviramo kanseri.

 

 

 

Written by Uwihirwe

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.:+250725077325

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umufana yinjiye mu kibuga mu mukino hagati wa Manchester United na Copenhagen maze aha Israel ubutumwa bukomeye cyane

Mc Buryohe yari agiye gufungura ipantaro ye imbere ya kamera nyuma y’ibyo umukobwa w’umubyinbyi yamukoreragaho [videwo]