Mu minsi ya kera abakobwa bagiye basabwa kuba bakiri amasugi kugirango babashe kuba babona abagabo, ariko muri iki gihe abahungu ndetse n’abagabo benshi bagiye bagaragaza ko batagishishikariye gushaka abakobwa bakiri amasugi.
Aha niho abakobwa bahereye bagaragaza amarangamutima yabo ko abagabo benshi batagishaka gushyingiranwa nabo babashinja ko kuba bakiri amasugi bitagishishikaje.
Umwe mu bakobwa yahisemo kujya mu ruhame agaragazako bagenda bahura nihohoterwa ry’uko abagabo n’abasore banga kubashaka babashinja kutagira uburambe mu gukora imibonano mpuzabitsina.
Mu mashusho yashyizwe hanze bicishijwe kuri TikTok yatangajeko mbere ubundi bajyaga bashimirwa kuba barizigamye bakaba bakiri amasugi gusa ubungubu bikaba byarahindutse.
Abakobwa bakaba bari gusaba guhabwa agaciro bakwiye ndetse ntibagasuzugurwe nkuko biba biri gukorwa.