in

Abafana ba Rayon Sports na APR FC bacitse ururondogoro nyuma y’amagambo Darko Novic yatangaje kuri kapitene wa Rayon Sports, Muhire Kevin

Mu mukino w’Umunsi wa 20 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, APR FC na Rayon Sports zanganyije ubusa ku busa. Nubwo umukino wari urimo ishyaka, nta kipe yabashije kubona igitego. Rayon Sports ikomeje kuyobora Shampiyona n’amanota 43, ikurikirwa na APR FC ifite amanota 41.

Mu kiruhuko cy’umukino, abafana bitabiriye irushanwa ryo guterana penaliti eshanu, aho Nyiragasazi ufana APR FC yatsinze Malayika ufana Rayon Sports, agatsindira amafaranga miliyoni 1 y’amanyarwanda.

Nyuma y’umukino, umutoza wa APR FC, Darko Nović, yatangaje ko Muhire Kevin ari we mukinnyi mwiza muri Shampiyona y’u Rwanda. Iyi mvugo ye yatunguye benshi, cyane cyane abakunzi ba APR FC, ariko yerekana impano n’ubuhanga bw’uyu mukinnyi wa Rayon Sports.

Mu kiganiro n’itangazamakuru, Darko Nović yagize ati: “Birashoboka ko numero 11 wabo, ntabwo nibuka izina rye (Kevin Muhire), ari we mukinnyi mwiza kurusha abandi muri Shampiyona yacu (umupira ku kirenge).” Aya magambo yateje impaka mu bakunzi b’umupira w’amaguru, bamwe bayabonamo gushima ubuhanga bw’uyu mukinnyi, mu gihe abandi bibajije impamvu umutoza wa APR FC yashimagije umukinnyi w’ikipe bahanganye.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Igitego abafana babonye ni icya Nyiragasazi gusa! APR FC na Rayon Sports zabuze ibitego ahubwo bitsindwa n’abafana bazo aribo Nyiragasazi wari uhanganye na Malayika

Asanzeyo Sandrine Isheja bakoranaga kuri Kiss FM! Umunyamakuru umaze kuba ikimenyabose mu gukora ibyegeranyo yerekeje kuri RBA ‘Radio Rwanda’