in

Ababyeyi bo mu Rwanda ntibacyonsa abana neza nka mbere

Ababyeyi basabwa konsa abana babo nibura imyaka ibiri, harimo amezi atandatu umwana yonka nta kindi kintu na kimwe avangiwe, nyuma agakomeza konka ahabwa n’imfashabere kugeza nibura ku myaka ibiri. Ibi bimurinda kurwaragurika, kugira imirire mibi, bikanamurinda kugwingira mu gihagararo no mu bwenge.

Ubushakashatsi bwakozwe ku rwego rw’ubuzima bwa DHS mu 2015, bwagaragaje ko muri uwo mwaka u Rwanda rwari rufite abagore bonsa abana babo amezi atandatu 87, 3%. Nyuma y’imyaka itanu ni ukuvuga mu 2020 umubare w’abagore bonsa amezi atandatu waragabanutse ugera kuri 80,9%.

Ubu bushakashatsi kandi bwagaragaje ko abonsaga amezi hagati y’ane n’atanu bari 80,8% mu 2015, mu gihe mu 2020 bagabanutse bakagera kuri 68,1%, bigaragaza ko abagore bonsa bari kudohoka cyane bitewe n’imbogamizi zitandukanye zirimo akazi kenshi.

 

.

Written by GUTER

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Nyuma yo gupfusha Mama we, Wizkid yaruhutse

Umwami w’u Rwanda yatanze amaze kunywa urwagwa yikubita ku rutare aziko ari ikiyaga agiye kogamo