in

Yari impanuka iteye ubwoba: Ikamyo yagonze imodoka itwara abagenzi rusange yari itwaye abagera kuri 18 bava i Kigali

Mu karere ka Kamonyi mu murenge wa Gacurabwenge mu kagari ka Kigembe Umudugudu wa Buhoro, habereye impanuka y’imodoka 2 zagonganye abantu 5 barakomereka bikomeye, abandi 13 bakomereka byoroheje.

Iyi mpanuka yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Kanama 2023, yatewe n’ikamyo yari itwawe n’umushoferi witwa Byiringiro André yavaga i Muhanga yerekeza i Kigali, ageze Gacurambenge yataye umukono we agonga imodoka itwara abagenzi rusange yavaga i Kigali igana i Muhanga abantu bose bari muri iyo modoka rusange barakomereka.

Abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bitandukanye bya CHUK, Kibagabaga, Remera-Rukoma ndetse no ku kigo nderabuzima cya Kamonyi.

Umushiferi wari utwaye iyi modoka ntabwo yari yanyoye ibisindisha, gusa icyateye impanuka ni uko yari ifite umuvuduko mwinshi.

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Ngango
Ngango
1 year ago

Nibyo sekoko yarafite umuvuduko mwinshi?
Niba mwitegereje neza Aho yabereye
Hapfiriye imodoka mumuhanda.
Bisaba ko Imodoka iva Ikigali ijya mugice cyiziva Muhanga.

Ibi byo bikorwa na bake: Bahati Kenya na Bruce Melodie bongeye kwerekana ko Imana yabahundagajeho imigisha itavangiye

Bameze nk’abize karate! Rubavu abagabo bari gukubitwa n’abagore babo bajya kurega bakongezwa izindi bazira ikintu kitashimishije abandi baturage