in

Yakoraga ari wenyine! Ibimaze kuva mu iperereza riri gukorwa kuri Kazungu Denis wicaga abagore n’abakobwa, biteye ubwoba

Hari amakuru menshi yagiye yumvikana avuga ko Kazungu w’imyaka 34 ukurikiranweho kwica abantu-biganjemo abakobwa akabashyingura mu nzu yabagamo mu karere ka Kicukiro, ashobora kuba yari afite abantu bakorana mu bwicanyi ndetse akaba yaranacuruzaga ingingo z’umubiri w’abo yabaga yamaze kwica.

Iperereza ry’ibanze rituruka mu rwego rw’ubugenzacyaha, RIB ryakuyeho urujijo ku bivugwa kuri Kazungu, aho RIB ivuga ko ibi byaha byose yabikoraga wenyine. Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thiery yagize ati “Yakoraga wenyine, ibyo bikaba bishimangirwa n’amagambo ya Kazungu ndetse n’ay’abahohotewe babashije gutoroka aho yabaga amaze kubambura.”

Byongeye kandi, abashinzwe iperereza no kugenza ibyaha basuzumye ibikorwa by’amafaranga byakozwe binyuze kuri konti y’amafaranga ya Kazungu, bigaragaza ko nta kimenyetso cyerekana ko amafaranga ye yagize uruhare mu bikorwa bijyanye n’ubugizi bwa nabi.

Ku wa mbere, tariki ya 5 Nzeri, Kazungu yatawe muri yombi, ubwo yabazwaga, yemeye ko yashutse abahohotewe abavana mu tubari abajyana iwe, aho yabamburiraga akabica. Hagati aho, iperereza kuri uru rubanza ruteye ubwoba rirakomeje, Murangira avuga ko umubare nyawo w’abahohotewe utaramenyekana kubera ko imirambo yagiye yangirika.

Yagize ati “Dutegereje ibisubizo bizava muri (Rwanda Forensic Institution) kugira ngo tumenye umubare nyawo w’abahohotewe.”

Biteganijwe ko abashinzwe iperereza bazasoza iperereza ryabo ku kirego cya Kazungu bitarenze icyumweru gitaha, icyo gihe bakaba bazashyikiriza imyanzuro ikigo cy’ubushinjacyaha (NPPA) kugira ngo batangire iburanisha.

Mu gihe aho urubanza ruzabera hataremezwa neza, biteganijwe ko Kazungu ashobora kuzaburanira mu ruhame rw’abaturage b’aho yakoreye ibyaha.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

Umunyamakuru wa RBA yatunguwe ubwo yari ari gusoma amakuru kuri RTV ajya kubona abana be bamusanze muri situdiyo (AMAFOTO)

Gira neza wigendere! Niziyimana Karim Makenzi yakozwe ku mutima n’ijambo yabwiwe na wa mwana Manishimwe Gilbert uzwiho gusesengura nyuma yo kumufasha none koko ineza yamusanze imbere