in

Umwarimukazi yatumye abanyeshuri 200 bafatwa n’amadayimoni bajyanwa mu bitaro baboroga(video)

Abanyeshuri bagera kuri 200 baguye igihumure mu ishuri ryisumbuye ryo muri Jamaica mugihe hakorwaga amasengesho ayobowe n’umwarimu wabo.

Ibi byamenyekanye mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu ahitwa Oberlin High muri St Andrew muri Jamaica kubera ikibazo bivugwa ko abanyeshuri baguye hasi bagataka y’amasengesho y’idini.

Baganira na Observer Online, abakozi b’iryo shuri bavuze ko abanyeshuri barenga 200 bagize ikibazo ndetse bajyanwa kwa muganga bavuza induru.

Umukozi yavuze ko umwarimu w’umukobwa yabanje kubwira abanyeshuri ku myitwarire yabo maze ahitamo kubasengera kuko yavuze ko “yabonye ubutumwa” buva ku Mana.

Nyuma gato umwarimu atangiye gusenga, abanyeshuri batangiye gutitira no “guta”ubwenge.

Bivugwa ko abanyeshuri bibasiwe n’imyuka mibi bajyanwe mu kigo nderabuzima cya Lawrence Tavern, ku kigo nderabuzima cya Stony Hill no mu bitaro bya Leta bya Kingston.

Byagaragaye kandi ko ishuri, umuyobozi n’abagize inama y’ubutegetsi bagize inama y’igitaraganya ku byabaye.

Minisiteri y’uburezi mu gihugu ivuga ko iri gukora iperereza ku byabaye kandi ko izatanga amakuru ku baturage ku byabaye kuri iri shuri.

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Inkuru nziza ku mukinnyi w’icyamamare Neymar wasabirwaga gufungwa imyaka 5

Umugore ari mu marira nyuma yo gusaba akazi ahantu 250 ntakore ikizami