in

Umusore uvuga ko yakundanye na Vestine, ari mu gahinda gakomeye avuga ko yatewe n’uyu muramyi uhembura imitima ya benshi mu Rwanda

Umusore uvuga ko yakundanye na Vestine, ari mu gahinda gakomeye avuga ko yatewe n’uyu muramyi uhembura imitima ya benshi mu Rwanda.

Umusore uvuga ko yitwa Nyaxto yagaragaye kuri imwa muri YouTube channel za hano mu Rwanda yitwa Bigtown TV aho avuga ko yigana n’umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine aho avuga ko bahoze bakundana ariko ubu akaba atakimwikoza.

Mu kiganiro n’umunyamakuru wa Bigtown, Nyaxto avuga ko atari igitangaza kuba Vestine atakibona umwanya uhagije wo kumuvugisha bitewe n’ibyo aba ahugiyemo ariko ngo icyamubabaje kurushaho n’ukuntu uyu muramyi yaje ku ishuri agasuhuza abandi bahungu ngo we yamugeraho akamutaruka.

Uyu musore akomeza avuga ko icyamuteye kubivugira ku mbuga nkoranyambaga aruko uwari umukunzi we amuhamagara ntamwitabe, yanamwandikira ntamusubize none akaba ahisemo kunyuza akababaro ke kuri YouTube kugira ngo Vestine yumve akababaro ke.

Mukemeza ko ibyo avuga ari ukuri, Nyaxto yakomeje kubwira umunyamakuru ati reka tumuhamagare (Vestine). Ati: “Azambabarire wenda yandike no muri comment avuge ko atanzi. Nzafata n’agace k’iyi video ngende mutaginge kuri I.G (Instagram) naramuka avuze ati {Nyaxto ntago nkuzi} nzahita mwihorera”.

Ishimwe Vestine ni umuhanzikazi w’indirimbo zihimbaza Imana aho aririmbana na murumuna we, Kamikazi Dorcas aho bazwi nka Vestine na Dorcas.

Aba bahanzikazi ubusanzwe baririmba muri Goshen Choir yo mu karere ka Musanze aho bavuka bamamaye mu mwaka wa 2020 ubwo bahuraga n’umunyamakuru Murindahabi Irene.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umuhanzi Racine umaze igihe adashyira hanze indirimbo yongeye kubura umutwe abanza gutungura abakunzi be ababwira amagambo yuzuyemo amarangamutima

Byari ibyishimo! Abafana ba APR FC bagiye guhemba Perezida wabo uherutse kwibaruka (AMAFOTO)