in

Umushoferi w’Umunyarwanda wari utwaye ikamyo iherutse kwica abantu 52 muri Kenya aho arwariye yavuze uko byagenze kugira ngo agwirwe niri shyano

Umushoferi w’Umunyarwanda wari utwaye ikamyo iherutse kwica abantu 52 muri Kenya aho arwariye yavuze uko byagenze kugira ngo agwirwe niri shyano

Ntuyemungu umushoferi w’Umunyarwanda wari utwaye ikamyo yishe abantu 52 mu mpanuka yabereye mu masangano y’imihanda mu mujyi wa Kericho mu burengerazuba bwa Kenya ku wa gatanu ushize, yavuze ko feri zamucikanye.

Gilbert Ntuyemungu, aho ari mu bitaro arembye, yabwiye abanyamakuru ati: “Nakandagiye kuri feri ariko ntizakora, nuko bituma [imodoka] ntayigumisha hamwe”.

Uyu mushoferi avuga ko yibuka ubwo yumvaga abantu baboroga bakanagwa ku muhanda. Nyuma y’ibyo, avuga ko atibuka byinshi byakurikiyeho. Yaje kwisanga yagejejwe mu bitaro.

Iyo kamyo yari irimo kwerekeza muri Uganda ivuye muri kompanyi ikora sima yo muri Kenya, ubwo yiraraga mu modoka zitwara abagenzi hamwe no mu bacuruzi bari bari ku muhanda ku mugoroba wo ku wa gatanu.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umusore yari yatagangaye! Umukobwa yishimiye bikomeye cyane akazi yari amaze gukorwamo n’umusore wabiminuje mu mashuri makuru yabyo (VIDEWO)

Imbwa ziragwira: Mitsutsu yahuye n’imbwa izi ururimi rw’Ikinyamurenge ubundi harashya (Amashusho)