in

Umurambo w’umuhanzi uherutse kwitaba Imana, ugiye gutabururwa utamaze kabiri ushyinguwe

Umurambo w’umuhanzi uherutse kwitaba Imana, ugiye gutabururwa utamaze kabiri ushyinguwe.

Amagana y’abafana b’injyana ya Afrobeats biraye mu mihanda bigaragambya nyuma y’urupfu rw’umuhanzi wari ukunzwe muri iyi njyana ’MohBad’ basaba ko hatangwa ubutabera.

Uyu muhanzikazi w’imyaka 27, amazina ye nyakuri ni Ilerioluwa Aloba, yapfiriye mu bitaro i Lagos muri Nigeria kuri iki cyumweru ariko ntihagaragazwa intandaro y’urupfu rwe.

Ku wa kabiri, guverineri wa Lagos Babajide Sanwo-Olu yanditse ku rubuga rwa twitter ko yatumiye abapolisi bo mu gihugu kugira ngo bamufashe kumenya ibyabaye kuri Mohbad, asaba umuntu wese ufite amakuru kuza kubuvuga ariko asaba abafana be kwirinda kuvuga amagambo adahwitse.

Hashyizweho itsinda ryihariye ry’iperereza kandi umurambo w’uyu muririmbyi ugomba gutabururwa kugira ngo hakorwe isuzuma.

Uyu muhanzi mu gihe kirengaho gato imyaka ibiri akora umuziki yari amaze kwamamarae mu ndirimbo zirimo “Ponmo,” “Feel Good”, “KPK (Ko Por Ke)” yahuriyemo na Rexxie yakunzwe cyane ndetse iri mu zamumenyekanishije.Icyamuhitanye kugeza ubu ntikiramenyekana.

Mbere yo kwitaba Imana yagiye afungwa byisubira akurikiranwaho gukoresha ibiyobyabwenge ariko nyuma akarekurwa.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Bariya bakobwa ba Ghana bateye nk’abagabo! Nyinawumuntu Grace utoza Amavubi y’abagore asobanura impamvu yatumye batsindwa ibitego burindwi ku busa

Inkuru nziza cyane ku bafana ba Rayon Sports bari bahawe gasopo ko ntawugomba gusunutsa amazuru kuri Pelé Stadium ku mukino wa Rayon Sports na Al Hilal Benghazi