in

Umunyarwenya MC Mariachi yakoze agashya mu gitaramo cya Gen-Z Comedy Show ubwo yateruraga Isimbi Christelle ku rubyiniro, ariko bikamunanira meze amugwa hejuru – VIDEO

Umunyarwenya MC Mariachi yakoze agashya mu gitaramo cya Gen-Z Comedy Show ubwo yateruraga Christelle ku rubyiniro, ariko bikamunanira kugeza ubwo bombi baguye hasi. Iki gikorwa cyasekeje cyane abari aho, dore ko Mariachi ubwe atari yiteze ko ibintu byari bugende uko byagenze.

Mariachi yagaragaje ko yishimiye Christelle bikomeye, ndetse n’amafaranga yari amaze kubona mu bafana yamubwiraga ko bayagabana. Ibi byatumye abitabiriye igitaramo barushaho gusetsa, kuko uyu munyarwenya asanzwe ari umuntu uzi gutera urwenya mu buryo bugezweho.

Iki gitaramo cyabereye muri Camp Kigali ku wa Kane, tariki ya 27 Werurwe 2025, mu rwego rwo kwizihiza imyaka itatu Gen-Z Comedy Show imaze itangijwe. Cyari cyahurije hamwe abanyarwenya batandukanye, barimo abanyarwanda n’abaturutse muri Uganda, by’umwihariko MC Mariachi, watangaje abantu n’uyu mwitwarire we utunguranye.

 

Written by Epaphrodite Nsengimana

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250736426472

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Polisi yo mu mujyi wa Paris yategetse ko igitaramo Maître Gims yari yahuje n’umunsi w’Icyunamo cyimurwa

Umutoza Frank Spittler yahishuye icyatumye areka gutoza Amavubi, ashinja FERWAFA guhimba ibinyoma