in

Umuhanzi The ben munzira zinjira muri label ikomeye kw’isi

Umwe mu bantu ba hafi mu ikipe isanzwe ikorana na The Ben yahishuye ko uyu muhanzi aherutse kugirana ibiganiro na sosiyete Sony Music igiye kumufasha kureberera inyungu ze, kugurisha no kumenyekanisha ibihangano biri kuri album ye nshya.

Nubwo amasezerano bamaze kumvikanaho atarasohoka, hari amakuru avuga ko Sony Music yemeranyije na The Ben gukorana kuri album ye nshya, iyi ikaba iriho indirimbo zirimo iyo yakoranye na Diamond, Sautisol, Otile Brown n’abandi banyuranye.

Amasezerano ya The Ben na Sony Music yatangiye kuvugwa mu minsi ishize ubwo hatangiraga inkuru zivuga ko uyu muhanzi yaba agiye gukorana indirimbo na Diamond.

Kugeza ubu amakuru ahari avuga ko iyi ndirimbo kimwe n’izindi zigize iyi album nshya zamaze gushimwa n’ubuyobozi bwa Sony Music bwanamaze kwiyemeza gukorana na The Ben.

Bityo indirimbo yakoranya na Diamond izajya hanze mu gihe cya vuba bikozwe na Sony music .

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
1 Comment
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments
Karry Edison
Karry Edison
2 years ago

For sure

Sobanukirwa impamvu AFCON 2022 yitwa AFCON 2021

Mukura VS yahagaritse umutoza wayo imikino ibiri