in

Umugabo w’i Nyanza yariye inyama kuri BONANE ayiryana ubusambo kugeza imuhitanye bajya gushyingura

Umugabo wo mu karere ka Nyanza bikekwa ko yapfuye azize inyama yamunize ahera umwuka.

Byabereye mu Mudugudu wa Kigarama, mu Kagari ka Kibinja mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki ya 01 Mutarama, 2024.

Umwe mu mubabonye nyakwigendera, yavuze ko yari mu kigero cy’imyaka 50 y’amavuko.

Uyu ngo yatumiwe na mushiki we ngo basangire umunsi mukuru w’Ubunani, ubwo barimo bafata amafunguro, yariye inyama imuhagama mu muhogo yanga kumanuka.

Uwatanze amakuru avuga ko yagerageje byibura kuyigarura biranga, bafata icyemezo cyo kumujyana kwa muganga agezeyo ahita apfa.

Amakuru avuga ko nyakwigendera yashyinguwe kuri uyu 02 Mutarama, 2024.

Written by GUTER

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it. Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza wamvugisha 👉🏿+250736426442

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Inline Feedbacks
View all comments

The Ben yafashije abana – AMASHUSHO

Antoinette Uwineza ukomoka mu Rwanda yageze i Nairobi ashaka kwica inshuti ye ikomoka mu Busuwisi ngo ayitware miliyari irenga imwe