in

Ubwo mu ijoro ryakeye Prince Kid yafungurwaga agahabwa ikaze na benshi, aba bo ntago babikozwaga

Nta n’umwe wigeze agira icyo avuga ku ifungurwa rye, dore urutonde rwa bamwe mu ba Miss batigeze bagira icyo bavuga ubwo Prince Kid yarekurwaga.

Mu gihe Prince Kid akomeje kwakira ubutumwa bwinshi bumwakira nyuma y’amezi arindwi yari amaze muri Gereza ya Mageragere, gusa abo bakoranye mu nzu imwe nyuma yo kuba Nyampinga nta n’umwe wigeze amuha ikaze.

Gusa Miss Iradukunda Elsa yerekanye ko anyuzwe n’ifungurwa rya Prince Kid, mu butuwa yanyujije kuri konti ye ya Instagram yifashishije indirimbo ‘Ibuye’ ya Vestine na Dorcas

Usibye Miss Elsa, Umuhoza Emma Pascaline waje mu icumi ba mbere bavuyemo Miss Rwanda nawe yerekanye ko anyuzwe no gutaha kwa Prince Kid.

Usibye aba, abandi bose babaye muri Miss Rwanda barimo Miss Jolly, Miss Muheto, Miss Iradukunda Liliane, Miss Nimwiza Meghan, Miss Ingabire Grace n’abandi babaye ba Nyampinga barimo Bahati Grace, Akiwacu Colombe, Kundwa Doriane, Nishimwe Naomie baruciye bararumira.

Gusa mu byo abantu bavuze ku mbuga nkoranyambaga bose bahurizaga ku kinu kimwe ko “ntarirarenga” bivugwa ko nabo bashobora kuvaga Akari kumutima wabo.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Amashusho y’umugore wagaragaye yonsa abagabo 2 kubera Cameron yatsinze Brazil 1-0 akomeje gutangaza benshi(Videwo)

Amasaziro ya Diamond Platinumz akomeje kuba amayobera kuri bamwe

  • https://stream.zeno.fm/0fzvslccgngvv
  • YEGOB LIVE
  • YEGOB LIVE
  • https://stream.zeno.fm/h8a8g1chaxhvv
  • YEGOB RADIO
  • YEGOB RADIO