in

Ubuzima bwe buri habi, Diamond Platnumz utegerejwe i Nyarugenge akomeje kurembera mu bitaro

Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack uzwi nka Diamond Platnumz, mu mpera z’icyumweru gishize yajyanywe mu bitaro, nyuma yo gufatwa n’uburwayi mbere yo gutaramira mu mujyi wa Arusha mu gitaramo cya Wasafi festival.

Uyu muhanzi yanditse ku mbuga nkoranyambaga ze ko Kuwa Gatandatu w’icyumweru gishize yatangiye umunsi nabi, afatwa n’uburwayi bwamuteye umuriro bituma ajyanwa mu bitaro igitaraganya kwitabwaho.

Ati “Umunsi wanjye watangiye nabi cyane muri Arusha, ngira umuriro ukabije watumye njya mu bitaro by’agateganyo. Ndashimira Imana Ishobora byose ko ubu numva meze neza. Nkomeje kugira imbaraga.”

Yakomeje asaba abakunzi be gukomeza kumusengera, kugira ngo abashe kongera kumera neza no kugira imbaraga.

Uyu muhanzi yanasangije abarenga Miliyoni 16 bamukurikira kuri Instagram, videwo ye aryamye ku buriri mu bitaro ari kwitabwaho n’abaganga.

Diamond Platnumz, aherutse gutangazwa ko ari mu bazataramira abazitabira itangwa ry’ibihembo bya Trace Awards, bigiye gutangwa ku nshuro ya mbere ku wa 21 Ukwakira muri BK Arena i Kigali.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Mbabazi Shadia ‘Shaddy Boo’ yahaye ukuri abari gusaba ko RIB yakurikirana Mutesi Jolly kubera amagambo yatangaje avuga ko hari abagabo b’inyana z’imbwa

“Asigaye akomeye nk’umugabo” i Kigali, umugabo atewe ubwoba n’ukuntu umugore we yakoze imyitozo y’akataraboneka akaza gukomera nk’abagabo aho asigaye abyukira no muri pompage