in

Ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bakemanga ubwiza bwabo bakunze kwambara agapfukamunwa igihe cyose

Ubushakashatsi bwakorewe muri  Kaminuza ya  Seoul National University iherereye mu mujyi wa Seoul ,muri Koreya y’Amajyepfo ,bwagaragaje ko abantu bakemanga ubwiza bwabo cg batizeye ubwiza bwabo bakunze kwambara agapfukamunwa igihe cyose n’ahatari ngombwa.

Incheol Choi umwalimu w’ubumenyamuntu muri iyo Kaminuza aganira na Fox News Digital yavuze ko basanze abantu baziko atari beza bakunze kwambara agapfukamunwa nk’uburyo bwo kurushaho kuba bagaragara neza ariko banahisha uburanga bwabo baba batizeye.

Ukuye kuba abantu bari mu bihe by’icyorezo kibasiye isi barakuriweho agapfukamunwa bakaruhuka ,ngo ku bantu babizi ko bagaragara neza iyo nta gapfukamunwa, bo babaye nkabasubijwe ,mu gihe abatizera ubwiza bwabo bo bakomeje no kutwabara nk’uburyo bwo kugaragara neza.

Ngo hari nubwo usanga abantu batizera ubwiza bwabo bajya mu ibazwa ry’akazi (interview) bambaye udupfukamunwa ku buryo niyo bamubwiye kugakuramo bimubangamira ,mu gihe nyamara umuntu wizeye uburanga bwe iyo asabwe kwambaraga agapfukamunwa aba yumva uburanga bwe buhishwe, ku buryo aribwo  abangamirwa..

Abantu bakemanga ubwiza bwabo bakunze kwambara agapfukamunwa
Abantu bakemanga ubwiza bwabo bakunze kwambara agapfukamunwa

Written by HARAGIRIMANA Dieudonne

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it:+250 783 907 135

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Umunyamabanga wa Rayon Sports yahishuye umunyamakuru uri kubateza umwiryane agamije kubica mu mutwe kugira ngo bazatsindwe na APR FC

Gasabo: Abaturage bariye karungu bashaka kwihorera nyuma y’impfu z’amayobera z’abantu 4 mu rugo rumwe kandi mu cyumweru kimwe gusa