in

Turahirwa Moses yongeye gutabwa muri yombi akekwaho gukoresha ibiyobyabwenge

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemeje ko rwataye muri yombi Turahirwa Moses, uzwi cyane mu rwego rw’imideli nk’umuyobozi wa Moshions, akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge.

Nk’uko byemejwe na Dr. Murangira B. Thierry, Umuvugizi wa RIB, ibisubizo by’ibizamini byafashwe na Rwanda Forensic Institute (RFI) byagaragaje ko mu mubiri wa Turahirwa Moses harimo ingano nini y’ibiyobyabwenge. Dr. Murangira yagize ati: “Ni byo koko Turahirwa Moses yarafashwe akaba akurikiranyweho gukoresha ibiyobyabwenge. Ingano yabyo ni nyinshi cyane, ntabwo twakwirengagiza ko bigira uruhare mu myitwarire ye.”

Uyu mugabo si ubwa mbere akurikiranyweho ibyaha nk’ibi, kuko no mu mwaka wa 2023 yigeze gutabwa muri yombi ku mpamvu zijya gusa, aza gufungurwa by’agateganyo n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

RIB yatangaje ko iperereza rigikomeje kugira ngo hamenyekane ukuri ku byaha akekwaho.

Written by Kubwayo Mc croix

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it: +250 722 452 338

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Abacamanza b’umupira baciriye abandi imanza none hatahiwe urwabo ninde wigiza nkana?