in

Theo Bosebabireba yavuze ukuntu yandujwe SIDA akamara amezi atatu adasinzira

Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Theo Bosebabireba yavuze uburyo umuntu yamubonyeho impamvu akamurwaza SIDA ya baringa ashaka kumwumvisha gusa.

Ni mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI aho yagarukaga ku buryo abantu bagenda bahemukira abandi.

Theo Bosebabireba aha niyo yatanze urugero rw’uburyo umuntu yigeze kumubonaho impamvu maze akabyifashisha mu kumwumvisha.

Yavuze ko yamurwaje SIDA maze amara amezi atatu atagoheka ndetse yaraniyakiriye ko yayirwaye kandi ntayo.

Ati “Umuntu yigeze kubona impamvu kuri njye, andwaza Sida amezi 3, mara amezi 3 nyirwaye, nyiyumvamo nariyakiriye ariko nza gusanga ntibyari byo ari ukugira ngo anyumvishe kubera impamvu, kuko yari afite impamvu.”

“Nkahamagara abantu nti mpa amakuru, harya iyo umuntu arwaye SIDA ibimenyetso biba bimeze bite? Uwo muntu na we ntaramenya ibyo ari byo, ati ngo ko ari hatari? Imana izayindinde.”

Yavuze ko abantu ari babi buri gihe baba bashaka impamvu ku muntu iyo bayibonye bamukorera amahano.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Bya bisambo akabyo kashobotse! Police y’Igihugu yatangaje ko harashwe umusore wakekwagaho ubujura

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bumaze gutakambira abakunzi b’iyi kipe bubasaba gukora igikorwa gishobora gutuma iyi kipe isubirana icyubahiro yahoranye