in

Rutsiro: Umusore wari wasohokanye inkumi mu kabari k’urwagwa yagasohotsemo ari umurambo kubera umukobwa yijyaniye 

Rutsiro: Umusore wari wasohokanye inkumi mu kabari k’urwagwa yagasohotsemo ari umurambo kubera umukobwa yijyaniye.

Umusore wo mu Karere ka Rutsiro yaguye mu bitaro, nyuma yo gukubitirwa mu kabari yari yasohokanyemo n’umukobwa wicuruza.

Uwakubiswe yitwa Bikorimana Jean Nepomuscene yakubitiwe mu Mudugudu wa Murama, Akagari ka Gabiro mu Murenge wa Musasa, mu ijoro ryo kuri uyu wa 18 Mutarama 2023.

Amaku dukesha Umuseke avuga ko Imirwano yavuyemo urupfu yabereye mu kabari k’urwagwa k’uwitwa Sadiki Aimable kari karafunzwe n’ubuyobozi.

Amakuru avuga ko nyakwigendera yazanye muri ako kabari n’umukobwa witwa Nyirangenzwanimana Umuhoza w’imyaka 19, bikaba bivugwa ko ari we wateje amakimbirane yose yavuyemo n’urupfu.

Abafashwe bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ruhango naho umurambo wa nyakwigendera uri ku bitaro bya Murunda.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Yabwiraga uwapfuye-Hamenyekanye amagambo Lionel Messi yavuze kuri Final y’igikombe cy’isi ubwo hari hagiye guterwa Penariti ya nyuma ku mukino wabahuzaga n’ubufaransa

“Mbega ukuntu wari kuzavamo agakobwa keza” Ihere ijisho ifoto ya Producer Element imugaragaza nk’umukobwa yatumye benshi bacika ururondogoro