in

Rubavu:Umugore umwe n’abagabo babiri bibye inka nzima mu kanya nkako guhumbya ba nyirayo baje kuyibona ari inyama 

Rubavu:Abantu batatu bibye inka nzima mu kanya nkako guhumbya ba nyirayo baje kuyibona ari inyama.

Abagabo babiri n’umugore bo mu Murenge wa Rubavu, mu Karere ka Rubavu baguwe gitumo bamaze kubaga inka y’umuturage bari bibye.

Aba bantu uko ari batatu batawe muri yombi ku wa Kane tariki ya 9 Werurwe 2023.

Amakuru avuga ko inka yibwe ikanabagwa ari iy’uwitwa Gaseruka Jean ndetse abatawe muri yombi bafashwe nyuma y’uko hatanzwe amakuru inzego zibishinzwe zitangira kuyishakisha.

Bivugwa ko aba bantu batawe muri yombi bafatanywe ibintu byinshi mu ngo zabo bituma bakekwa ko aribo bibye iyo nka bakajya kuyibaga.

Aba bantu bakekwa uko ari batatu kugeza ubu bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Rubavu.

Written by Moïse Habanabashaka

I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it : +250734523889 or +250789079952

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

As Kigali yishyuje amafaranga yemerera buri muntu kureba umukino uzabahuza na Rayon Sports

Ngewe nitwa makuza Plaza: Umukobwa yahawe inkwenene nyuma yo kubazwa izina rye n’umuzungu aho kuvuga irye akavuga iry’inzu y’ubucuruzi(Videwo)