in

RIP Salimu na Ishimwe! Abasore babiri basanzwe bapfiriye mu nzu, umukobwa wari urimo we arembeye mu bitaro

Abasore babiri bo mu karere ka Karongi basanzwe mu nzu bapfuye, iperereza kucyaba cyabishe riracyakomeje, ni mu gihe umukobwa wari uryamye muri iyo nzu nawe yahise ajyanwa ku bitaro bya Kibuye ngo yitabweho.

Ibi byabereye mu murenge wa Rubengera, akagari ka Gacaca, ho mu mudugudu wa Kamuvunyi mu gitondo cyo kuri uyu wa 28 Nzeri 2023.

Amakuru avuga ko aba basore 2 bari basanzwe baba ku muturage bagira icyo bapfana.

Abitabye Imana ni Niyomugabo Salimu w’imyaka 17, na Ishimwe Jemas w’imyaka 20.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rubengera, Nkusi Medard yahamirije Rwandanews24 aya makuru, avuga ko iperereza rikomeje ngo hamenyekane icyamwishe.

Ati “Bitabye Imana ariko ntituramenya icyabishe, ariko hageze abakozi b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB iperereza riracyakomeje.”

Yakomeje avuga ko nyuma y’iperereza imibiri ya nyakwigendera irajyanwa ku bitaro bya Kibuye gukorerwa isuzuma mbere y’uko ishyingurwa.

Hari amakuru avuga ko aba basore baba bishwe no kubura umwuka kubera imbabura batetseho ibyo kurya.

Written by M.Ben

Niba ufite inkuru cyangwa ukaba uri umuhanzi ndetse nawe ushaka kwamamaza twandikire. I am responsible for this article, not the YEGOB website. Please contact me if you need more information about it.

Subscribe
Notify of
guest
0 Comments
Oldest
Newest Most Voted
Inline Feedbacks
View all comments

Nyagatare: Umwana w’imyaka 14 wiga aba mu kigo yagiye kwiga asanga bamusibije ni uko maze ahita afata iby’ibanze asimbuka ikigo arigendera none ababyeyi be ntibazi aho ari

Subirayo nta mahwa! Umunyamakuru Uwimana Clarisse wa BB Fm Umwezi yibarutse imfura ye